Home Amakuru Sahabo yasinyiye Standard de Liège yo mu Bubiligi

Sahabo yasinyiye Standard de Liège yo mu Bubiligi [AMAFOTO]

263
0

Umunyarwanda wakiniraga ikipe ya Lille yo mu Bufaransa, Hakim Sahabo yatandukanye na yo ahitamo kujya mu Bubiligi muri Standard de Liège.

Ni inkuru yatangajwe kuri uyu wa Kane. Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga za yo, Standard de Liège yahaye ikaze uyu Munyarwanda ukina hagati mu kibuga asatira.

Sahabo yasinye amasezerano y’imyaka ine ariko ishobora kongerwa. N’ubwo azakina mu kipe ya Kabiri ariko afitiwe icyizere cyo kuzamurwa mu ya mbere mu gihe yaba akomeje kwitwara neza.

Uyu musore w’imyaka 19, yavukiye mu Bubiligi ndetse anahatangirira gukina mu makipe y’abato arimo iya Genk, Anderlech, Mechelen, Beerschot na KVC Willebroek-Meerhof.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here